Muri uyu mwaka wa 2025/26, abafana bitabira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda bagabanyutse ku kigero cya 58,5% ugeraranyije n’uwawubanjirije, dore ko bageze ku 102.340.
Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Rwanda Premier League, Bigirimana Augustin ’Guss’, ubwo yari mu nama nyunguranabitekerezo iri guhuza uru rwego n’abafatanyabikorwa barwo.
Kimwe mu byatumye urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’u Rwanda rushyirwaho, ni ukongera ubukangurambaga, bityo abafana bakongera kwisanga ku bibuga.
Mu mikino 240 ibanza mu mwaka wa 2021/22, abafana 175.554 ni bo bakurikiye bitabiriye, aho binjije miliyoni 444,4 Frw. Mu 2023/24 bari bamaze kugabanyukaho 16% bageze ku 146.107, binjiza miliyoni 420,5 Frw.
Ibi byaturutse ahanini n’ivugururwa rya Stade Amahoro kugira ngo ijye ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza ndetse na Kigali Pele Stadium.
Mu mwaka ushize wa 2024/25 abafana bariyongereye cyane ku kigero cya 68,6% bagera ku 246.314. Aba bose binjije miliyoni 802,9 Frw, bizamukaho 90,9%.
Gusa ibi bitandukanye no muri uyu mwaka aho imikino yiyongereye, kuko mu mikino 150 ya mbere, abafana bari 102.340, bisobanuye igabanyuka rya 58,5%. Amafaranga na yo yagabanyutseho 64,3% kuko hinjiye miliyoni 286,4 Frw.
Nubwo abafana bagabanyutse ku bibuga, muri uyu mwaka imikino ya Rwanda Premier League yerekanwa mu buryo butandukanye bw’ako kanya yarazamutse, mu rwego rwo kongera amafaranga ava mu burenganzira bwo kwerekana imikino.
Imikino yo kwishyura ya Shampiyona y’u Rwanda iteganyijwe gutangira tariki ya 30 Mutarama 2026 ndetse uyu mwaka wose w’imikino ugizwe n’imikino 306 kuko hiyongereyemo amakipe abiri yo muri Sudani ari yo Al Hilal SC na Al Merrikh SC.
Abafana bitabira imikino mu Rwanda baragabanutse