Kigali, Rwanda
UPDATES
Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00   •   Al Hilal SC yatsinze Bugesera FC isatira APR FC | Police FC yanganyije na Etincelles FC | Marine FC yatsinze Mukura VS biyoroheye, Taiba ayobora ba Rutahizamu | Rutsiro FC yatsinzwe na Kiyovu Sports ikomeza kuguma habi | Musanze FC yatsinze AS Muhanga imbere y’abafana bayo | RUTSIRO FC vs Al Hilal SC • Tomorrow 15:00
APR FC yanganyije na Police FC yishyuye igitego ku munota wa nyuma

APR FC yanganyije na Police FC yishyuye igitego ku munota wa nyuma

Police FC yujuje imikino itatu nta ntsinzi ibona nyuma yo kunganya na APR FC igitego 1-1, mu mukino w’Umunsi wa 21 wa Shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.


Police FC ni imwe mu makipe yatangiye neza umwaka w'imikino ndetse iyobora urutonde rwa Shampiyona igihe kirekire, ariko mu mikino yo kwishyura yabuze intsinzi kuko nta mukino n'umwe irabonaho amanota atatu.


Mu mukino wakinwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 20 Gashyantare 2026, yakinnye na APR FC mu mukino w'agapingane nyuma y'uko Ikipe ya Polisi y’Igihugu iyambuye Igikombe cy'Intwari cya 2026.





Ibi byatumye umukino ukomera ndetse ku munota wa 15 habura gato ngo APR FC ibone igitego cyashoboraga kuva ku ishoti rikomeye ryatewe na Mugisha Gilbert ariko rikubita umutambiko w’izamu.


Ani Elijah wa Police FC na we wafashaga Police FC gusatira, yateye ishoti rikomeye umunyezamu w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, Hakizimana Adolphe awukuramo awushyira muri koruneri ku munota wa 20.


William Togui na we washakaga igitego hasi hejuru, yateye ishoti rikomeye na ryo rikubita umutambiko w'izamu.


Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Richard Kilongozi yazamukanye umupira yinjira mu rubuga rw’amahina rwa APR FC, na we ateye ishoti rikomeye na ryo rikubita igiti cy’izamu.


Mu gice cya kabiri na bwo amakipe yombi yakomeje gusatirana, aho APR FC yabonye coup-franc ku munota wa 59, iterwa na Ruboneka Jean Bosco wahereje umupira Mugisha Gilbert ateye mu izamu wongera gukubita igiti cya ryo.


Igitego cya mbere muri uyu mukino cyatsinzwe na Djibril Ouattara ku munota wa 67. Iki cyavuye ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Niyongira arirambura ntiyawukoraho, ukubita umutambiko w'izamu umanukira mu rucundura.





Igitego cyo kwishyura cya Police FC cyabonetse ku munota wa karindwi w'inyongera, gitsindwa na myugariro wayo Nsabimana Eric ‘Zidane’ wahawe ikarita itukura nyuma yo kucyishimira akuramo umupira nyamara yari yahawe ikarita y’umuhondo mu mukino hagati


Amakipe yombi yanganyije igitego 1-1, APR FC ijya ku mwanya wa mbere n’amanota 39, naho Police FC imaze imikino itatu idatsinda ikomeza kuba iya gatanu n’amanota 35.



Related News