Ikipe Al Merriekh SC yatsinze AS Muhanga mu mukino w'ikirarane cy'umunsi wa 18 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Werurwe 2026, ifata umwanya wa mbere ku urutonde rw'agateganyo.
Uyu mukino watangiye Saa Tatu n'Igice z'umugoroba, Al Merrikh SC itangira isatira cyane ishaka ishaka uko yafungura amazamu hakiri kare ariko ubwugarizi bwa AS Muhanga ndetse n'umunyezamu Hategekimana Bonheur bitwara neza.
Ku munota wa 14 rutahizamu Gilles Razafimaro yateye ishoti rikomeye maze umupira ukubita umutambiko w'izamu rya AS Muhanga.
Iyi kipe yo muri Sudani yakomeje gusatira cyane ari nako ikomeza kugenda ihusha uburyo bwinshi binyuze kuri Boubacar Bachir Bangoura, Gilles Razafimaro, Hashim Mohamed na Rijaniaina Nicolas bari bayoboye ubusatirizi bwayo.
.jpeg)
.jpeg)
Nyuma yo gucumbika imbere y'izamu rya AS Muhanga, ku munota wa 23 Rijaniaina Nicolas yafunguye amazamu atsinda igitego cya mbere mu buryo bwiza ku ishoti yateye maze igice cya mbere kirangira ari Al Merrikh SC iyoboye n'igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Al Merrikh SC SC yagarukanye imbaraga zikomeye ishaka ibindi bitego binayihira ku munota wa 49 ubwo Gilles Razafimaro yayitsindiraga icya kabiri.
Umutoza wa Al Merrikh SC Darko Novic yakoze impinduka akuramo Gilles Razafimaro yinjizamo Mohamed Gbane utanatinze kubona izamu kuko ku mupira wavuye kuri koroneri yahise atsinda igitego cya gatatu ku munota wa 75 w'umukino, ari nacyo cyawusoje Al Merrikh SC itsinze AS Muhanga ibitego 3-0.
.jpeg)

Nyuma yo gutsinda uyu mukino Al Merrikh SC yahise ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona aho ifite amanota 48 mu gihe AS Muhanga iri ku mwanya wa 16 n'amanota 21.