Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Etincelles FC yatsindiye Gorilla FC kuri Kigali Pele ibitego 4-0 yongera amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere mu gihe habura umukino ngo shampiyona irangire. 


Wari umukino w'umunsi wa 33 wa shampiyona watangiye Saa Cyenda zuzuye maze Etincelles FC iwinjiramo neza, ubwo ku munota wa munani Kasapu yafunguraga amazamu atsinda igitego cya mbere ku mupira yahawe na Ishimwe Djabilu. 


Iyi kipe yakomeje gukina neza maze ku munota wa 27 Ishimwe Djabilu akorerwaho ikosa ibona umupira w'umuterekano watewe neza na kapiteni Nsabimana Hussein atsinda igitego cya kabiri, igice cya mbere kirangira ari 2-0.

Etincelles FC yari ifashe umwanya wa 14 n'amanota 34 ayemerera kuzakina BK Pro League 2025-2026. Mu gice cya kabiri yakomeje gusatira Gorilla FC cyane maze ku munota wa 57 Niyonkuru Sadjati yinjiriye ku ruhande rw'iburyo atera umupira muremure, wagiye mu izamu rya Ntagisanayo Serge atsindira iyi kipe igitego cya gatatu.


Gorilla FC binyuze kuri Mosengo Tansele, Ndikumana Landry, Chancelor Mengue yakomeje gushakisha uburyo butandukanye yabonamo igitego ndetse inakora impinduka ishyiramo abakinnyi barimo Mudeyi Mussa Saleh ariko ubwugarizi bwa Etincelles FC buyobowe na Gedeon Ndonga Bivula na Iraguha Awadi ndetse n'umunyezamu Nishimwe Moise bakomeza kwihagararaho.

Ku munota wa 80 w'umukino Etincelles FC yatsinze igitego cya kane cyatsinzwe na Mwinyi Rodrigue nyuma y'uko umunyezamu Ntagisanayo Serge asohotse ariko ntakore ku mupira. Iminota isanzwe y'umukino yarangiye Etincelles FC ikiyoboye umukino n'ibitego 3-0, hongerwaho itatu.


Iyi minota y'inyongera nayo yarangiye uko iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu yegukanye intsinzi yatumye ifata umwanya wa 14 n'amanota 34 mu gihe izasoza shampiyona mu mpera z'iki cyumweru yakira Al Hilal SC kuri Stade Umuganda.