Ikipe ya Al Merrikh yatsinze Al Hilal ibitego 2-1 mu mukino yavunikishijemo abakinnyi babiri.
Wari umukino w’umunsi wa 15 utarabereye igihe kuko ikipe ya Al Hilal SC yari mu mikino Nyafurika.
Al Merrikh yagiye gukina uyu mukino imaze imikino itandatu inganya mu gihe Al Hilal SC yo yagiye muri uyu mukino iri mu bihe byiza kuko yari iherutse kubona itike ya 1/4 cya CAF Champions League.
Umukino watangiye harimo guhangana ndetse n’ishyaka ridasanzwe ku mpande zombi, gusa muri uko guhangana ikipe ya Al Merrikh SC yatakarijemo abakinnyi babiri Fady Sidiki wavunitse asimburwa na Elmossbah Yahya nyuma y’iminota irindwi ahita ava mu kibuga kubera imvune yatumye ajyanwa ku bitaro, asimburwa na Salma Tchikumbutso ku munota wa 21.
Igice cya mbere cyenda kurangira ku munota wa 45 ikipe ya Al Merrikh SC yabonye igitego cyatsinzwe na Obino Chisala 45, amakipe ajya kuruhuka Al Merrikh SC iyoboye.


Amakipe akiva kuruhuka ku munota wa 46, Al Hilal SC yashyize mu kibuga abakinnyi batatu icya rimwe Abdelrazig Omer Taha, Mohamed Yousif na Mustafa Abduadir basimbura Elhadj Kane, Kindness Cole na Sunday Damilare.
Mu gice cya kabiri Al Merrikh SC yaje kubona igitego cya kabiri ku munota wa 66 kuri penaliti yatewe neza na Gilles Razafimaro.


Al Hilal SC yari yagowe n’umukino yakomeje guhangana gusa ibisubizo birabura iminota 90 irinda irangira bikiri ibitego 2-0. Umusifuzi wa kane, Nsabimana Celestin yashyizeho iminota itandatu y’inyongera, Al Hilal SC ibonamo igitego ku munota wa mbere w’inyongera cyasinzwe na Mohamed Yousif.
Ku munota wa 90+1 Al Hilal SC yabonye penaliti yasaga nk’aho ari amahirwe ya nyuma bari babonye ngo banganye umukino ariko Mohamed Yousif ayitera mu biganza bya Brahim Sanou umunyezamu wa Al Merrikh SC.
Nyuma y’iyo penaliti, habaye igisa n’akavuyo Daba Sogoba ashyamirana na Salah Eldin Adil wa Al Hilal SC waje guhabwa ikarita y’umutuku, umukino urangira ari ibitego 2-1 cya Al Hilal SC.



Al Merrikh SC yahise ifata umwanya wa gatatu n’amanota 37 mu mikino 19 imaze gukina, mu gihe Al Hilal SC ikiri ku mwanya wa mbere n’amanota 38 mu mikino 17 imaze gukina.